English Français
Twabonye inkuru kuri twe? Twandikire utubwire ibyaribyo byose.

Burna Boy ntabwo yibye umuziki w’Amerika-Steve Harvey

Umunyamakuru wa televiziyo zikomeye muri Amerika akaba n’umukinnyi wa Filimi Steve Harvey yashimangiye ko abanyamerika n’abatuye mu Burengerazuba bw’Isi bakomeje kuzana amarangamutima bitsa ko ibyamamare by’Afurika byabibye umuziki.

Yagize ati:”Burna Boy n’abandi bahanzi bakomeye muri Afurika ntabwo bibye umuziki w’Amerika ahubwo ni Uburengerazuba cyane cyane muri Amerika bakomeje gukubitwa n’injyana yo muri Afurika.”

Steve yagize ati:”abantu bavuga ko Burna Boy yibye,oya Twibye Burna Boy,Abanyafurika bafite injyana,ukwemera,barakora cyane ahubwo badutera ishema.”

Daily Post iherutse kwandika ko Burna Boy yagiranye ikiganiro na Apple Music umwaka ushize yemeza ko adakora injyana zo muri Afurika ahubwo injyana ayivanga n’izindi zitandukanye zo ku isi harimo InyaJamaica,R&B,Hip Hop y’Abanyamerika n’ibindi.

Burna Boy aherutse kwitabira Grammys yabaye ku ncuro ya 66 ni nawe munyafurika wa  mbere washize mu kiciro cya RAP nubwo yatsinzwe na Lil Durk.

 



Izindi nkuru wasoma

Umutoza Thierry Froger ntabwo agomba gukomeza gutoza APR FC-Col Karasira

Islam:Ibikorwa byo kwidagadura no gusabana mu kwizihiza irayidi ntabwo byemewe

Ntabwo dutewe impungenge n'Amashyaka ari kwiyunga kuri FPR-Inkotanyi -Hon Dr Frank Habineza

Abashakanye batanganya umutungo mu gihe batandukanye ntabwo bagomba kugabana ibingana

DRC ntabwo ivuga rumwe na OIF byayiteye gufata umwanzuro ukomeye



Author: Yves Iyaremye Chief Editor Published: 2024-02-25 08:22:53 CAT
Yasuwe: 88


Comments

No comments

Leave a comment

Comment
Name
Email (not displayed)
https://ijambo.net/content/Burna-Boy-ntabwo-yibye-umuziki-wAmerikaSteve-Harvey.php