Afurika y’Epfo:Umudepite yavuze ko ingabo zabo ziri mu kaga igihe zaba zihanganye na M23
Umudepite wo muri Afurika y’Epfo witwa Sarel Jacobus Francois yavuze ko icyemezo cyo kohereza ingabo za Afurika y’Epfo (SANDF) muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo cyititondewe neza bityo bikaba bishobora gutuma ubuzima bw’ingabo zabo bujya mu kaga.
Yavuze ati” icyemezo cyo kohereza ingabo zacu mu butumwa bwo kugarura amahoro bw’umuryango wa SADC n’ibintu bititondewe na gato bityo bikaba bishobora gutuma ubuzima bw’ingabo zacu bujya mu kaga”.
Ingabo za Afurika y’Epfo kimwe n’izindi zo mu muryango wa SADC zamaze kugera muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Kivu y’Amajyaruguru, izi ngabo zije muri iki gihugu zisimbura ingabo z'Umuryango wa Afurika y'Ibirasirazuba zahavuye mu mpera zu mwaka ushize ni nyuma yuko Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo yanze kongera amasezerano yo gukomeza gukorana n'ingabo za EAC.
DRC yashinjaga izi ngabo kutagira uruhare rugaragara mu kugarura amahoro muri icyo gihugu by'umwihariko muri Kivu y'Amajyaruguru.
Muri iki gihugu hari hasanzwe izindi ngabo za MONUSCO zari zimaze imyaka hafi imyaka 20 zikurikirana ibijyanye no kugarura amahoro muri iki gihugu ariko zisezererwa kubera kudatanga umusaruro wifuzwa na DRC.
Sarel Jacobus Francois yavuze ko ingabo za Afurika y’Epfo zidafite ibikoresho bihagije byatuma zihangana n’inyeshyamba za M23 bityo bikaba bishobora gutuma bibagora igihe baba binjiye mu rugamba.
Yavuze ko nta kajugujugu z’intambara zo mu bwoko bwa Rooivalk izi ngabo zifite,yakomeje avuga ko mu gihe badafite indege z’intambara bizabagora cyane kuko bagiye guhangana na M23 isanzwe izi neza imiterere yako karere kurushya abasirikare ba SANDF.
Uyu mu depite abarizwa mu ishyaka ry’abatavuga rumwe n’ubutegetsi,yatangaje ko Perezida wa Afurika y’Epfo atashoboye gutekereza neza ibishobora kuba ku ngabo ze muri DRC ahubwo akareba inyungu za politike afite muri icyo gikorwa.
Comments
No comments
Leave a comment
www.ijambo.net is a product of YIRUNGA LTD.
We are here to provide with our professionals in advertisement and news so that our partnership will take your business one step ahead/
We focus on simplicity advertisement.
contact us/Twandikire
Rwanda,Western Province,Rubavu District,Kivumu cell
phone: 0781000112 / 0788989706
email: info@ijambo.net
Digital Marketing & Advertising
Social Media consultancy
Public Advertisement and Announcements
Branding and Promotion
Media Relation
Documentaries & Photography
Graphic design
Live streaming
Marketing campaign
Event management and Organising
Online Radio and TV
Community show